HomeNewsFERWAFA yandikiye amakipe yahaye amafaranga yibeshye ko iyasubiza

FERWAFA yandikiye amakipe yahaye amafaranga yibeshye ko iyasubiza

Published on

spot_img

Ishyirahamwe ry′umupira w′amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryandikiye amakipe asaga 13 iyasaba ko yasubiza amafaranga yahawe habayeho kwibeshya.

Ni mu rwandiko ishyirahamwe ry′umupira w′amaguru ryandikiye aya makipe agera kuri 13 tariki 6 Ukuboza uyu mwaka. Aya makipe ni Indahangarwa WFC, Gatsibo Nasho, Sporting Academy, Tigers, Ndabuc, APAER, Fatima, Bridge, Kayonza, As Kabuye, Macuba UR CMHS, na IPM.

Aya makipe yagombaga guhabwa na FERWAFA amafaranga yo kwitabira imikino y′abakiri bato, angana na Miliyoni 1 na Maganatanu, gusa FERWAFA iza kwibeshya itanga hafi miliyoni eshatu (2,851,683 Frw).

Mu rwandiko FERWAFA isaba aya makipe ko agomba gusubiza amafaranga asaguka kuri miliyoni n′igice bari bemerewe, akaba angana na 1,351,683 FRW. FERWAFA ivuga ko ikipe itazasubiza aya mafaranga, izayiyishyura ku mafaranga bahabwa ya shampiyona.

Shampiyona y′icyiciro cya kabiri mu mpera z′iki cyumweru hazatangira imikino yo kwishyura, aho buri kipe izahabwa miliyoni imwe n′igice. Ibi bivuze ko aya makipe aramutse akaswe, hari ikipe yazakina imikino yo kwishyura ikoresheje ibihumbi bitagera kuri 300 by′Amanyarwanda.

Bamwe mu bayobozi b′aya makipe basaba ko FERWAFA yareka kubaka ayo mafaranga ahubwo akazakurwaho umwaka utaha kuko hari n′igihe ingengo y′imari yaba yariyongereye.

Latest articles

Le Rwanda prend les rênes des normes mondiales de l’IA lors de la réunion annuelle de l’ISO à Kigali

Le Rwanda s’apprête à jouer un rôle central dans l’élaboration de l’avenir de la...

Deux personnes sont mortes dans un accident sept autres blessées

Deux personnes ont perdu la vie et sept autres ont été blessées dans un...

Hôpital de Kibogora Introduit la Chirurgie Laparoscopique pour Améliorer les Soins Médicaux

  Dans le cadre de l’amélioration des services médicaux modernes et de la proximité des...

Sahara: La Hongrie considère que le plan d’autonomie marocain “doit être la base pour la solution

La Hongrie a réaffirmé, mercredi, par la voix de son ministre des Affaires étrangères,...

More like this

Le Rwanda prend les rênes des normes mondiales de l’IA lors de la réunion annuelle de l’ISO à Kigali

Le Rwanda s’apprête à jouer un rôle central dans l’élaboration de l’avenir de la...

Deux personnes sont mortes dans un accident sept autres blessées

Deux personnes ont perdu la vie et sept autres ont été blessées dans un...

Hôpital de Kibogora Introduit la Chirurgie Laparoscopique pour Améliorer les Soins Médicaux

  Dans le cadre de l’amélioration des services médicaux modernes et de la proximité des...