HomeNewsBurera:Umwana w'umukobwa yapfuye urupfu rw'amayobera

Burera:Umwana w’umukobwa yapfuye urupfu rw’amayobera

Published on

spot_img

Umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 19 wo mu karere ka Burera, yapfuye urupfu rw’amayobera, aho umubyeyi we ndetse n’abaturage bahatuye bavuga ko ari amarozi, kuko ngo yapfuye ibisimba bitandukanye birimo inzoka, imbeba n’ibindi bimusohokamo.

Ibi byamenyekanye mu gitondo cyo kuwa 4 Mutarama 2025 mu murenge wa Rugarama mu kagari ka Karangara, aho abaganiriye na TV1 dukesha iyi nkuru bavuze ko ngo uwo mukobwa mbere yo gupfa yasohoraga inyamaswa zitandukanye zirimo ibikeri, inzoka, imbeba n’ibindi, ariko kumushyingura bikaba byari byabaye ikibazo kubera ko nyina yifuza ubutabera.

Nyirantegerejimana Beatrice, ni nyina wa nyakwigendera, yavuze ko umwana we uko yapfuye bitamenyerewe nk’urupfu rusanzwe, akavuga ko ashobora kuba yararozwe n’abari bamaze iminsi bamutoteza.

Ati “Umwana wanjye yararozwe, umwana nubwo apfuye apfuye rubi, apfuye ibisimba ibyo ari byo byose biri gusosoka, birimo inzoka, imbeba, imitubu, ibikeri, byose bimusohokamo mu myanya y’ibanga, abaganga narabiberetse n’ibintu bimeze nk’amafi n’ibindi byose byazaga.”

Ibi byatumye abaturage bahazindukira ndetse batabaza n’inzego z’ibanze zirahagera kugira ngo hakorwe iperereza hamenyekanye icyishe uwo mukobwa.

Umuyobozi w’umurenge wa Rugarama, Egide Ndayisaba, yavuze ko inzego z’umutekano zifatanije n’inzego z’ibanze ndetse n’iz’ubugenzacyaha zahageze kugira ngo hakorwe iperereza.

Ati “Ubwo yamaraga gupfa nibwo hazamutse icyo kintu kivuga ko bashobora kuba baramuroze, ariko twe twasabye inzego zibishinzwe ko zabikurikirana bakajya kwa muganga bakamupima bakamenya icyamwishe, hanyuma bikazajya mu nkiko.”

Amakuru avuga ko umurambo w’uwo mwana w’umukobwa wajyanwe ku bitaro kugira ngo upimwe.



Latest articles

Rubavu:Le Forum des ONG du Rwanda, connu sous le nom de BAVU, joue un rôle crucial dans la lutte contre le paludisme, la tuberculose...

La réunion du 21 février 2025 dans le district de Rubavu, organisée en collaboration...

Ubuzima bwa Baden Powell washinze umuryango w’aba Scout

Tariki 22 Gashyantare buri mwaka, ni umunsi umuryango w’aba Scout ku Isi hose uzirikana...

M23 imaze gutahura intwaro zari mu baturage

Ihuriro AFC/M23 ryeretse itangazamakuru imbunda 150 ziganjemo izo mu bwoko bwa AK47 rimaze kuvana...

Kamonyi:Fuso yagonze imodoka y’abanyeshuri

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Gashyantare 2024, mu Murenge...

More like this

Rubavu:Le Forum des ONG du Rwanda, connu sous le nom de BAVU, joue un rôle crucial dans la lutte contre le paludisme, la tuberculose...

La réunion du 21 février 2025 dans le district de Rubavu, organisée en collaboration...

Ubuzima bwa Baden Powell washinze umuryango w’aba Scout

Tariki 22 Gashyantare buri mwaka, ni umunsi umuryango w’aba Scout ku Isi hose uzirikana...

M23 imaze gutahura intwaro zari mu baturage

Ihuriro AFC/M23 ryeretse itangazamakuru imbunda 150 ziganjemo izo mu bwoko bwa AK47 rimaze kuvana...