HomeNewsBurera:Umwana w'umukobwa yapfuye urupfu rw'amayobera

Burera:Umwana w’umukobwa yapfuye urupfu rw’amayobera

Published on

spot_img

Umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 19 wo mu karere ka Burera, yapfuye urupfu rw’amayobera, aho umubyeyi we ndetse n’abaturage bahatuye bavuga ko ari amarozi, kuko ngo yapfuye ibisimba bitandukanye birimo inzoka, imbeba n’ibindi bimusohokamo.

Ibi byamenyekanye mu gitondo cyo kuwa 4 Mutarama 2025 mu murenge wa Rugarama mu kagari ka Karangara, aho abaganiriye na TV1 dukesha iyi nkuru bavuze ko ngo uwo mukobwa mbere yo gupfa yasohoraga inyamaswa zitandukanye zirimo ibikeri, inzoka, imbeba n’ibindi, ariko kumushyingura bikaba byari byabaye ikibazo kubera ko nyina yifuza ubutabera.

Nyirantegerejimana Beatrice, ni nyina wa nyakwigendera, yavuze ko umwana we uko yapfuye bitamenyerewe nk’urupfu rusanzwe, akavuga ko ashobora kuba yararozwe n’abari bamaze iminsi bamutoteza.

Ati “Umwana wanjye yararozwe, umwana nubwo apfuye apfuye rubi, apfuye ibisimba ibyo ari byo byose biri gusosoka, birimo inzoka, imbeba, imitubu, ibikeri, byose bimusohokamo mu myanya y’ibanga, abaganga narabiberetse n’ibintu bimeze nk’amafi n’ibindi byose byazaga.”

Ibi byatumye abaturage bahazindukira ndetse batabaza n’inzego z’ibanze zirahagera kugira ngo hakorwe iperereza hamenyekanye icyishe uwo mukobwa.

Umuyobozi w’umurenge wa Rugarama, Egide Ndayisaba, yavuze ko inzego z’umutekano zifatanije n’inzego z’ibanze ndetse n’iz’ubugenzacyaha zahageze kugira ngo hakorwe iperereza.

Ati “Ubwo yamaraga gupfa nibwo hazamutse icyo kintu kivuga ko bashobora kuba baramuroze, ariko twe twasabye inzego zibishinzwe ko zabikurikirana bakajya kwa muganga bakamupima bakamenya icyamwishe, hanyuma bikazajya mu nkiko.”

Amakuru avuga ko umurambo w’uwo mwana w’umukobwa wajyanwe ku bitaro kugira ngo upimwe.



Latest articles

Le Rwanda prend les rênes des normes mondiales de l’IA lors de la réunion annuelle de l’ISO à Kigali

Le Rwanda s’apprête à jouer un rôle central dans l’élaboration de l’avenir de la...

Deux personnes sont mortes dans un accident sept autres blessées

Deux personnes ont perdu la vie et sept autres ont été blessées dans un...

Hôpital de Kibogora Introduit la Chirurgie Laparoscopique pour Améliorer les Soins Médicaux

  Dans le cadre de l’amélioration des services médicaux modernes et de la proximité des...

Sahara: La Hongrie considère que le plan d’autonomie marocain “doit être la base pour la solution

La Hongrie a réaffirmé, mercredi, par la voix de son ministre des Affaires étrangères,...

More like this

Le Rwanda prend les rênes des normes mondiales de l’IA lors de la réunion annuelle de l’ISO à Kigali

Le Rwanda s’apprête à jouer un rôle central dans l’élaboration de l’avenir de la...

Deux personnes sont mortes dans un accident sept autres blessées

Deux personnes ont perdu la vie et sept autres ont été blessées dans un...

Hôpital de Kibogora Introduit la Chirurgie Laparoscopique pour Améliorer les Soins Médicaux

  Dans le cadre de l’amélioration des services médicaux modernes et de la proximité des...