HomeNewsByinshi ku ndwara yitwa ‘Autism Spectrum Disorder’ ihungabanya ubwonko bw’umwana ikamubuza kwiga...

Byinshi ku ndwara yitwa ‘Autism Spectrum Disorder’ ihungabanya ubwonko bw’umwana ikamubuza kwiga neza

Published on

spot_img
Mu buzima bwa buri munsi kumenya umuntu n’uburyo wamwitaho bigendanye n’ubuzima abayemo cyangwa uko ateye ni ingenzi cyane.Muri rusange ikibazo cy’intekerezo zidakora neza nk’abandi kibaho mu buzima bwa buri munsi ariko kigahera mu bana bato nk’uko tugiye kubireba hamwe.

Indwara titwa ‘Autism Spectrum Disorder‘ ishamikiye kuri ‘Mind-Blindness’ ni indwara idasanzwe ifata mu bwonko no mu ntekerezo z’umwana cyangwa umuntu mukuru ikamunga imikorereye ndetse n’imitekerereze ye isanzwe.Iyi ndwara ituma uyirwaye atumva neza intekerezo ze , adasoma neza ibitekerezo by’uwo baganira cyangwa ngo amutege amatwi ahubwo igatuma umuntu aheranwa n’ukutamenya nk’uko byemejwe n’umuhanga mu bumenyamuntu Baron-Cohen.

ESE NI GUTE WAFASHA UMWANA UFITE IYI NDWARA MU KWIGA IBINTU BITANDUKANYE ?

1.Mufashe mu ntekerezo.

Mu by’ukuri uyu mwana akeneye gukora ibintu bituma ubwonko bwe bukora cyane kandi bukaba buhugiye ku bintu abona ubwe.Ikibazo afite kirikubera mu mitekerereze ye no mu buryo yiga.Muri iki gice cya mbere rero , urasabwa kumwigisha imyizerere itandukanye , umwereka ibyo gukunda n’ibyo kwanga,..

2.Mukoreshe ibimenyetso.

Ntabwo uyu mwana afungutse mu mutwe cyane ariko nimuba muri kumwe, ukabona ko aguteze amatwi n’amaso, uwo mwanya koresha ibimenyetso ubashe kumwiyegereza.Kuba wakoresha ibimenyetso muri kuganira bituma arushaho gutega amatwi.

3.Mwereke urukundo n’amarangamutima.

Autism Spectrum Disorder ni indwara idasanzwe yereka umuntu ko ari wenyine kandi ko nta muntu n’umwe umukunda cyangwa ushobora kumugirira amarangamutima.Uyu mwana mwereke amarangamutima maze azarushaho gukomeza kugukunda cyane.

4.Tuma afata mu mutwe.

Ukoresheje ibishushanyo cyangwa imikino itandukanye , uyu mwana uzabasha gutuma afata mu mutwe mu buryo nawe atazi bikomeze kumuha ubumenyi buzatuma atsinda iyi ndwara.

5.Mushyire mubandi.

Mwarimu ni nka muganga, niba urimo kwigisha uyu mwana , shaka itsinda ry’abandi bana umushyiremo hanyuma utume yisanzura muri bo ndetse yumve neza ko atari wenyine ahubwo ko ari kumwe n’abandi

Latest articles

Rubavu:Le Forum des ONG du Rwanda, connu sous le nom de BAVU, joue un rôle crucial dans la lutte contre le paludisme, la tuberculose...

La réunion du 21 février 2025 dans le district de Rubavu, organisée en collaboration...

Ubuzima bwa Baden Powell washinze umuryango w’aba Scout

Tariki 22 Gashyantare buri mwaka, ni umunsi umuryango w’aba Scout ku Isi hose uzirikana...

M23 imaze gutahura intwaro zari mu baturage

Ihuriro AFC/M23 ryeretse itangazamakuru imbunda 150 ziganjemo izo mu bwoko bwa AK47 rimaze kuvana...

Kamonyi:Fuso yagonze imodoka y’abanyeshuri

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Gashyantare 2024, mu Murenge...

More like this

Rubavu:Le Forum des ONG du Rwanda, connu sous le nom de BAVU, joue un rôle crucial dans la lutte contre le paludisme, la tuberculose...

La réunion du 21 février 2025 dans le district de Rubavu, organisée en collaboration...

Ubuzima bwa Baden Powell washinze umuryango w’aba Scout

Tariki 22 Gashyantare buri mwaka, ni umunsi umuryango w’aba Scout ku Isi hose uzirikana...

M23 imaze gutahura intwaro zari mu baturage

Ihuriro AFC/M23 ryeretse itangazamakuru imbunda 150 ziganjemo izo mu bwoko bwa AK47 rimaze kuvana...