Published on

spot_img
Akarere ka Karongi

Hatoraguwe uruhinja rw’ukwezi kumwe mu murima w’ibigori mu Murenge wa Rubengera, Akagari Ruragwe, Umudugudu wa Nyakabungo, rutoragurwa na Nyirandayambaje Donatha w’imyaka 26 y’amavuko na Uwiragiye Doresa w’imyaka 22 y’amavuko.

Ni uruhinja rwatoraguwe ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba. Kugeza ubu ntabwo hari hamenyekana umubyeyi wihekuye uwo mwana akamuta ariko hari uwo abaturage bakeka ko yamutaye bagasaba ubuyobozi gukomeza gushakisha niba ari we kuko ngo babona abana bombi bari mu kigero kimwe.

Uwiragiye Doresa umwe mu batoraguye aganira na Imvaho Nshya, yagize ati: “Uyu mwana twamutoraguye tuvuye mu kazi mu masaha y’umugoroba, tumenyesha ubuyobozi hanyuma habaho kumujyana ku bitaro bya Rubengera basanga afite ikibazo cy’uburwayi bahita bamwohereza ku Kibuye ari naho ari kugeza ubu.”

Abandi baturage bagaragaje ko guta umwana ari ikibazo gikomeye.

Umwe yagize ati: “Ni ikibazo gikomeye guta umwana noneho mu bigori, ni igikorwa cy’ubunyamaswa, nk’abaturage hari uwo dukeka kuko afite umwana ungana gutya, ubuyobozi budufashe kumushaka barebe niba ari we.”

Undi yagize ati: “Icya mbere twasaba ubuyobozi ni ugushaka urera uru ruhinja, hanyuma badufashe gukomeza gushaka uwaba yarutaye namenyekana abiryozwe kuko ni igikorwa cy’ubunyamaswa kitaherukaga inaha.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubengera Nkusi Medard yabwiye Imvaho Nshya ko uruhinja barutoraguye ndetse ko ubu barujyanye kwa muganga kugira bamenye ubuzima bwe uko buhagaze.

Yagize ati: “Ni byo hari uruhinja rwatoraguwe n’abaturage mu murima w’ibigori, turebesheje amaso ruri mu kigero cy’ukwezi cyangwa kutuzuye neza. Rwahise rujyanwa ku kigo nderabuzima cya Rubengera kugira ngo hamenyekane ubuzima bwarwo uko buhagaze, ndetse turi no gushaka umuryango waruhabwa ngo ururere.”

Nkusi Medard yagaragaje ko ari igikorwa cya kinyamaswa kubona umubyeyi abyara umwana akamwiyambura akamuta, aboneraho gusaba n’abandi kugira umutima wa kimuntu ndetse ahamya ko bari gushaka n’uwaba yataye uwo mwana.

Yagize ati: “Turimo gushaka amakuru mu baturage, tugenda tureba umubyeyi waba warabyaye afite umwana uri mu kigero cy’umwana twabonye, tugenda duhuza amakuru ariko tuganisha ku mwana dufite n’ikigero cye.”

Yakomeje agira ati: “Biteye agahinda kubona umubyeyi ajya ku gise, akabyara umwana yarangiza akamuta ariko turasaba ababyeyi kugira ubumuntu kandi yabona afite ibibazo akihangana kuko ibibazo byose bishobozwa no kwihangana hanyuma bakagana ubuyobozi bukaba bwamufasha gusohoka muri icyo kibazo”.

Mu Murenge wa Rubengera ahabereye ayo mahano yo guta umwana byaherukaga kuhumvikana mu myaka ibiri ishize nk’uko Nkusi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uwo Murenge yabibwiye Imvaho Nshya

Latest articles

  La police présente 3 violeurs, filmés en train d’agresser une fille dans la ville de Kigali

Le porte-parole de la police, le commissaire principal Boniface Rutikanga, a déclaré que ces...

Nyagatare : La Députée Masozera Encourage les Jeunes et les Femmes à Accroître la Production en Utilisant les Opportunités Disponibles

Les membres du Parti pour la Démocratie et la Protection de l'Environnement du district...

RWAMAGANA – Muyumbu : Il a été souligné que l’égalité des genres ne signifie pas un conflit

Divers dirigeants et habitants du district de Rwamagana ont participé au lancement de la...

NYARUGURU: UN JEUNE COIFFEUR DE 23 ANS, POURSUIVI POUR VIOL DE MINEURE

Ce 6 septembre 2025, le Bureau Rwandais d’Investigation (RIB) a arrêté un jeune homme...

More like this

  La police présente 3 violeurs, filmés en train d’agresser une fille dans la ville de Kigali

Le porte-parole de la police, le commissaire principal Boniface Rutikanga, a déclaré que ces...

Nyagatare : La Députée Masozera Encourage les Jeunes et les Femmes à Accroître la Production en Utilisant les Opportunités Disponibles

Les membres du Parti pour la Démocratie et la Protection de l'Environnement du district...

RWAMAGANA – Muyumbu : Il a été souligné que l’égalité des genres ne signifie pas un conflit

Divers dirigeants et habitants du district de Rwamagana ont participé au lancement de la...