HomeUmutekanoPerezida wa Centrafrique Touadéra yashimangiye ubufatanye na RDF mu mavugurura y’umutekano

Perezida wa Centrafrique Touadéra yashimangiye ubufatanye na RDF mu mavugurura y’umutekano

Published on

spot_img

Itsinda ry’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) riyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, riri mu ruzinduko muri Repubulika ya Centrafrique (RCA), aho ryakiriwe na Perezida w’iki Gihugu, Faustin-Archange Touadéra.

Nk’uko byatangajwe n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, uru ruzinduko rwatangiye ku wa Kabiri tariki ya 04 Werurwe 2025, rukaba rugamije gukomeza umubano ushingiye ku bufatanye mu bya gisirikare hagati y’u Rwanda na Centrafrique.

Mu butumwa RDF yashyize ahagaragara, bugaragaza ko Maj Gen Nyakarundi ari kumwe n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Imyitozo muri RDF, Lt Col L. Kabutura. Iri tsinda ryakiriwe kandi n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique (FACA), bakirwa ku mugaragaro na Perezida Touadéra.

Mu kiganiro bagiranye, Perezida Touadéra yashimangiye ko imikoranire ya gisirikare hagati ya RCA n’u Rwanda irimo gutera imbere, haba mu bijyanye no kubungabunga umutekano muri iki gihe ndetse no mu myitozo y’abasirikare izakomeza mu bihe biri imbere. Yagaragaje ko ibi byose ari ibirimo gushyirwa mu murongo wa gahunda y’amavugurura mu bijyanye n’umutekano.

Uru ruzinduko rw’itsinda rya RDF ruri kuba mu gihe hasigaye iminsi micye ngo hasozwe imyitozo ya gisirikare yatanzwe ku bufatanye bwa RDF na FACA i Bangui. Ubuyobozi bwa RDF bwemeje ko aba bayobozi b’Ingabo z’u Rwanda bazanasura abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique, bagamije gusuzuma uko ibikorwa byabo bigenda.

U Rwanda rumaze igihe ari umwe mu bafatanyabikorwa bakomeye ba Repubulika ya Centrafrique mu bijyanye n’umutekano, aho rufite Ingabo n’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (MINUSCA), ndetse rukanafasha iki gihugu mu myitozo ya gisirikare.

Iri tsinda rya RDF rikomeje uru ruzinduko rufite intego yo gukomeza gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’Ingabo z’u Rwanda na Centrafrique, bigamije iterambere ry’ubushobozi bwa gisirikare bw’iki gihugu.

Latest articles

Bigogwe : Une femme enceinte décède dans une maison de prière

Une femme enceinte est décédée dans une maison de prière située dans le village...

Discutons de la beauté de district Nyagatare

Le district Nyagatare est une ville située dans l'est du Rwanda, connue pour ses...

L’impact du changement climatique sur les femmes dans l’agriculture au Rwanda : Témoignages du terrain

Le Rwanda, souvent surnommé le « Pays des Mille Collines », est un petit...

Les élèves du secondaire au Rwanda ont commencé à passer les examens nationaux pratiques de l’année scolaire 2024/2025.

Les examens nationaux de fin d'études secondaires 2024-2025 ont officiellement commencé à l'école ESSA...

More like this

Bigogwe : Une femme enceinte décède dans une maison de prière

Une femme enceinte est décédée dans une maison de prière située dans le village...

Discutons de la beauté de district Nyagatare

Le district Nyagatare est une ville située dans l'est du Rwanda, connue pour ses...

L’impact du changement climatique sur les femmes dans l’agriculture au Rwanda : Témoignages du terrain

Le Rwanda, souvent surnommé le « Pays des Mille Collines », est un petit...