HomeNewsMurekure imfugwa zose zafashwe bugwate…” Perezida Trump abwira Hamas

Murekure imfugwa zose zafashwe bugwate…” Perezida Trump abwira Hamas

Published on

spot_img

Perezida Donald Trump, wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasabye umutwe wa Hamas wo muri Palestine n’abanye-Palestine ubwabo, kurekura imfungwa n’imibiri y’Abanya-Israel zafashwe bugwate, cyangwa ugahura n’ibibazo bikomeye. Ibi Trump yabitangaje yifashishije imbuga nkoranyambaga harimo urwa X.

Yagize ati: “Murekure nonaha imfungwa zose zafashwe bugwate kandi muhite mutanga n’imirambo yose y’abantu mwishe cyangwa bibarangirireho.”

Yavuze ko nibidakorwa azaha Israel ibikenewe byose kugira ngo yisubize abantu bayo.

Ati: “Uyu ni umuburo wa nyuma, ku bw’ubuyobozi, igihe kirageze ngo muve muri Gaza mugifite amahirwe.”

Ibi bibaye nyuma y’irangira ry’ amasezerano hagati ya Hamas na Israel yo guhererekanya imfungwa. Hamas yarekuye imfungwa 38 harimo imirambi 3, Israel nayo itanga imfungwa 200 z’Abanye-Palestine.

Mu mbohe 251 zatwawe nyuma y’igitero Hamas yagabwe muri Israel ku wa 7 Ukwakira (10) 2023, 58 ziracyari muri Gaza harimo 34 Israel yamaze kwemeza ko zapfuye.

Trump yasabye ababye-Palestine nk’ibyo yasabye Hamas, gusa yongeraho ko igihe cyo kuba muri paradizo kigeze. Anahishura ko yahuye na bamwe mubari barafashwe bugwate na Hamas barekuwe, bityo n’imibiri y’abapfuye Hamas bagomba kuyitanga.

Gusa yibukijwe ko abafashwe bugwate bitakozwe n’abacivile ahubwo ari Hamas, bityo badakwiye gukomeza kubigenderamo.

Icyakora, biteganyijwe ko Israel izongera kuganira ku yandi masezerano na Hamas, yo guhererekanya imfungwa n’agahenge, ariko abakurikiranira hafi abayobozi bo ku mpande zombi bavuga ko ibyo biganiro bikigoranye.

Ku wa 5 Werurwe (03) 2025, Umuvugizi w’umutwe wa Hamas, Hazem Qassem, yabwiye CNN, ko iri terabwoba rya Trump ntacyo rizafasha, ahubwo rizatuma kongera kugirana amasezerano bigorana.

Latest articles

Ministère de la Santé exhorte les jeunes à rester vigilants car le VIH reste une menace    

Lors de sa participation à un événement sportif communautaire organisé dans la ville de...

IAS 2025 : PrEP et autodépistage du VIH, de nouvelles approches pour prévenir la propagation du SIDA

Kigali a accueilli la conférence internationale organisée par l’IAS 2025 (*International AIDS Society*), qui...

IAS 2025 Kigali: A Turning Point for Global HIV Advocacy, Innovation, and Equity

As the 13th IAS Conference on HIV Science (IAS 2025) opens today in Kigali,...

Rwanda’s Debt Structure as of December 2024

The figures from the Ministry of Finance and Economic Planning reveal that as of...

More like this

Ministère de la Santé exhorte les jeunes à rester vigilants car le VIH reste une menace    

Lors de sa participation à un événement sportif communautaire organisé dans la ville de...

IAS 2025 : PrEP et autodépistage du VIH, de nouvelles approches pour prévenir la propagation du SIDA

Kigali a accueilli la conférence internationale organisée par l’IAS 2025 (*International AIDS Society*), qui...

IAS 2025 Kigali: A Turning Point for Global HIV Advocacy, Innovation, and Equity

As the 13th IAS Conference on HIV Science (IAS 2025) opens today in Kigali,...