HomeNewsFERWAFA yandikiye amakipe yahaye amafaranga yibeshye ko iyasubiza

FERWAFA yandikiye amakipe yahaye amafaranga yibeshye ko iyasubiza

Published on

spot_img

Ishyirahamwe ry′umupira w′amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryandikiye amakipe asaga 13 iyasaba ko yasubiza amafaranga yahawe habayeho kwibeshya.

Ni mu rwandiko ishyirahamwe ry′umupira w′amaguru ryandikiye aya makipe agera kuri 13 tariki 6 Ukuboza uyu mwaka. Aya makipe ni Indahangarwa WFC, Gatsibo Nasho, Sporting Academy, Tigers, Ndabuc, APAER, Fatima, Bridge, Kayonza, As Kabuye, Macuba UR CMHS, na IPM.

Aya makipe yagombaga guhabwa na FERWAFA amafaranga yo kwitabira imikino y′abakiri bato, angana na Miliyoni 1 na Maganatanu, gusa FERWAFA iza kwibeshya itanga hafi miliyoni eshatu (2,851,683 Frw).

Mu rwandiko FERWAFA isaba aya makipe ko agomba gusubiza amafaranga asaguka kuri miliyoni n′igice bari bemerewe, akaba angana na 1,351,683 FRW. FERWAFA ivuga ko ikipe itazasubiza aya mafaranga, izayiyishyura ku mafaranga bahabwa ya shampiyona.

Shampiyona y′icyiciro cya kabiri mu mpera z′iki cyumweru hazatangira imikino yo kwishyura, aho buri kipe izahabwa miliyoni imwe n′igice. Ibi bivuze ko aya makipe aramutse akaswe, hari ikipe yazakina imikino yo kwishyura ikoresheje ibihumbi bitagera kuri 300 by′Amanyarwanda.

Bamwe mu bayobozi b′aya makipe basaba ko FERWAFA yareka kubaka ayo mafaranga ahubwo akazakurwaho umwaka utaha kuko hari n′igihe ingengo y′imari yaba yariyongereye.

Latest articles

Rubavu:Le Forum des ONG du Rwanda, connu sous le nom de BAVU, joue un rôle crucial dans la lutte contre le paludisme, la tuberculose...

La réunion du 21 février 2025 dans le district de Rubavu, organisée en collaboration...

Ubuzima bwa Baden Powell washinze umuryango w’aba Scout

Tariki 22 Gashyantare buri mwaka, ni umunsi umuryango w’aba Scout ku Isi hose uzirikana...

M23 imaze gutahura intwaro zari mu baturage

Ihuriro AFC/M23 ryeretse itangazamakuru imbunda 150 ziganjemo izo mu bwoko bwa AK47 rimaze kuvana...

Kamonyi:Fuso yagonze imodoka y’abanyeshuri

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Gashyantare 2024, mu Murenge...

More like this

Rubavu:Le Forum des ONG du Rwanda, connu sous le nom de BAVU, joue un rôle crucial dans la lutte contre le paludisme, la tuberculose...

La réunion du 21 février 2025 dans le district de Rubavu, organisée en collaboration...

Ubuzima bwa Baden Powell washinze umuryango w’aba Scout

Tariki 22 Gashyantare buri mwaka, ni umunsi umuryango w’aba Scout ku Isi hose uzirikana...

M23 imaze gutahura intwaro zari mu baturage

Ihuriro AFC/M23 ryeretse itangazamakuru imbunda 150 ziganjemo izo mu bwoko bwa AK47 rimaze kuvana...