HomeNewsNyamasheke:Umushoferi warutwaye imodoka yagonze umukingo arapfa

Nyamasheke:Umushoferi warutwaye imodoka yagonze umukingo arapfa

Published on

spot_img

Umushoferi w’ikamyo yavaga i Kigali yerekeza mu Karere ka Rusizi yagonze umukingo ageze ahitwa ku Gisakura mu Mudugudu wa Rwumba, Akagari ka Buvungira, Umurenge wa  Bushekeri, Akarere ka Nyamasheke ahita ahasiga ubuzima ariko tandiboyi we avamo ari muzima. 

Ni impamuka yabaye mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 12 Mutarama ahagana saa moya za mugitondo.

Bivugwa ko umushoferi wari utwaye iyo kamyo ifite ibirango UBE 782V yitwa KHALID Baligeya mu gihe Tandiboyi we yitwa TANMAN Agaba.

Rwego Aimable wavuganye n’Imvaho Nshya ari aho impanuka yari imaze kubera yavuze ko uko yabibonye, ishobora kuba yatewe no kubura feri k’umushoferi wananiwe gukata ageze mu ikorosi.

Ati: “Imodoka yahise yangirika cyane ku buryo byasabye igihe kinini ngo umurambo w’umushoferi ukurwemo kuko ibyuma by’imbere byose byari byamwitsindagiyeho. “

Tandiboyi yavugaga ko bageze muri ririya korosi ahamya ko yabonye shoferi byanze, abona ko impanuka igiye kuba abura ikindi yakora kugeza ubwo yabonaga shoferi ayikubise ku mukingo ihita imuhitana.

Abaturage bo muri ako gace bavuga ko atari ubwa mbere impanuka nk’iyi inereye muri ririya korosi  ahubwo rikunze kuberamo impanuka nyinshi.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yemereye Imvaho Nshya ko impanuka yatewe n’uko umushoferi yananiwe gukata ikorosi rihari, imodoka igata umuhanda ikagonga umukingo.

Ati: “Tandiboyi we yavuyemo ari muzima, umurambo wa nyakwigendera ujyanwa mu Bitaro bya Bushenge. Haracyakorwa iperereza ngo hamenyekane nyir’izina icyateye iyo mpanuka.”

Yongeye kwibutsa abatwara imodoka nini  kujya bafata umwanya bakaruhuka, bakanareba ko imodoka zabo nta kibazo zifite. Anongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga n’abagenda mu muhanda bose ko buri wese umutekano wo mu muhanda umureba, bakwiye kuwukoresha bitwararika.

Latest articles

Les bus ne s’arrêteront pas plus de 10 minutes à un arrêt ; nouvelles directives pour le transport de passagers à Kigali

La réunion du Cabinet tenue le 28 novembre 2025 a approuvé un nouveau modèle...

Nyagatare :Le ministre de l’Agriculture et de l’Elevage, le Dr Cyubahiro Mark Bagabe, a exhorté la population à respecter l’hygiène

Le Travail Communautaire Axé sur les Campagnes d'Hygiène à Nyagatare Dans tous les secteurs du...

Kamonyi:Agnès Uwera demande une aide pour que son enfant handicapé puisse se rendre à l’école.

Dans la Secteur  de Runda, district de Kamonyi, nous rencontrons Uwera Agnès, une mère...

Nyagatare :Matsiko Gonzage a dit qu’une coopérative qui n’apporte rien à ses membres ne peut rien apporter au pays.

Aujourd'hui, au niveau du District de Nyagatare, la Journée Internationale des Coopératives a été...

More like this

Les bus ne s’arrêteront pas plus de 10 minutes à un arrêt ; nouvelles directives pour le transport de passagers à Kigali

La réunion du Cabinet tenue le 28 novembre 2025 a approuvé un nouveau modèle...

Nyagatare :Le ministre de l’Agriculture et de l’Elevage, le Dr Cyubahiro Mark Bagabe, a exhorté la population à respecter l’hygiène

Le Travail Communautaire Axé sur les Campagnes d'Hygiène à Nyagatare Dans tous les secteurs du...

Kamonyi:Agnès Uwera demande une aide pour que son enfant handicapé puisse se rendre à l’école.

Dans la Secteur  de Runda, district de Kamonyi, nous rencontrons Uwera Agnès, une mère...