HomeLifestyleWASAC irategura ikoranabuhanga riyikuraho icyasha cya ruswa

WASAC irategura ikoranabuhanga riyikuraho icyasha cya ruswa

Published on

spot_img

 

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), burimo gutegura ikoranabuhanga rigezweho ryitezweho gukemura ibibazo bikigaragara mu mitangire y’amazi ku baturage, by’umwihariko ruswa ivugwa mu bakozi bakorana n’abaturage.

Ubuyobozi bwa WASAC bwagarutse kuri uwo mushinga mu gihe Raporo y’Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarenange (Transparancy International Rwanda) igaragaza ko bamwe mu bakozi b’icyo kigo barya ruswa mu gihe bahamagawe n’abaturage ngo babahe amazi.

Raporo ya TI- Rwanda ya 2024 igaragaza ko WASAC iri mu bigo biza imbere mu byagaragayemo ruswa nyinshi mu 2024, aho yaje ku kigero cya 7,20%.

Ku wa Mbere tariki ya 13 Mutarama 2025, Umuyobozi Mukuru wa WASAC Prof Munyaneza Omar yahamirije Abadepite ko ikoranabuhanga rizakemura icyo kibazo rikiri mu nyigo.

Prof. Munyaneza nyuma yo kuganira n’Abadepite, yabwoye itangazamakuru ati: “Twatangiye gukorana n’abahanga muri byo, kugira ngo umuntu ajye asaba amazi muri sisitemu tunakurikirane ese byatewe n’iki?”

Yavuze ko ibyo bamwe mu bakozi bitwazaga ko imodoka nke zitanabageza ahari ikibazo kandi bashaka kujya kwaga ruswa kizaba gikemutse burundu.

Prof Munyaneza uyobora WASAC yagize ati: “Ku bijyanye n’ibyo bya ruswa, hari sisitemu nshya dushaka gushyiraho yo gusabiraho amazi. Ni ukuvuga ko umuntu ari ubwa mbere agiye gusaba amazi, cyangwa ashaka gusaba andi mazi y’inyongera ashaka gushyiraho indi mubazi (compteur), mu minsi iri imbere ntazongera kuza ku mashami yacu kubisaba, ahubwo azajya abisaba aho yibereye hose.”

Prof. Munyaneza yasobanuye ko iryo koranabuhanga rizafasha no mu gukurikirana aho umuturage yakerejwe gukemurirwa ikibazo cy’amazi n’umukozi wabigizemo uruhare akamenyekana.

Ati: “Kugabanya guhura k’umukozi wacu n’umukiliya ni bimwe mu bizagabanya icyo cyuho cya ruswa cyagaragaraga muri WASAC”.

Prof Munyaneza yanavuze ko hariho gahunda yo gutangiza mubazi zigezweho z’amazi (Smart Meters) zizafasha mu kugenzura amazi yakoreshejwe n’abaturage bidasabye ko abakozi ba WASAC bajya mu ngo zabo.

Ati: “Ni sisitemu tuzakoresha bidasabye ko tuza mu ngo gufata ibipimo ahubwo aho twebwe tunyuze muri metero 100 cyangwa 500 tukabasha kumenya ya konteri yawe bya bipimo biyirimo tukakohereza ubutumwa bukwereka amafaranga wishyura cyangwa se wajya no ku rubuga rwacu rwa murandasi ugashyiramo ya konteri yawe ukaba wabona amafaranga urimo ugomba kwishyura.”

WASAC ikomeje gushishikariza abaturage gutanga imyirondoro ibaruye kuri konteri zabo kugira ngo bijye byoroha kumenyeshwa amazi bakoreshejwe.

WASAC inavuga ko hari sisitemu yiswe SCADA igamije kumenyesha aho amazi yangiritse ku buryo bizahagarika gutinda gusana umuyoboro w’amazi wacitse na byo ubusanzwe byamenyakanaga ari uko abaturage babitanzeho amakuru.

Prof. Munyaneza yavuze ko ubwo buryo bw’ikoranabuhanga buzajya bumenyesha aho uwo muyoboro wacitse, bityo abakozi ba WASAC bakihurita  kuwusana, binagabanye kubura amazi kw’abaturage no kuba hari abakozi bayo batinda kujya kuyasana.

WASAC isobanura ko izo ngamba nshya yashyizeho ku bufatanye na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), zubahirizwa hamwe no kuba umukozi wanze kujya aho atumwe kubera ko atahawe ruswa ahita yirukanwa.

Prof. Munyaneza ati: “Twasabye MIFONTRA niba nk’icyo kigaragaye babidushyirira mu makosa akomeye, aho umukozi ashobora kwirukanwa mu masaha 48 na byo byarakozwe bishyirwa mu itegeko.

Ubu umukozi wacu wese arabizi baramutse bamuhamagaye ntajye gufunga amazi kubera igihombo bitera duhita twumwirukana muri ayo masaha 48, nta n’integuza. Ntabwo yakwifuza kuba yatakaza akazi ngo ni uko yasabye ibihumbi bibiri cyangwa bitanu kandi ubu natwe dusigaye tuyabaha kugira ngo badakomeza kuyasaba abaturage”.

WASAC ivuga ko ikoranabuhanga ryo gukoresha mubazi zigezweho ryatangiye gukoreshwa ariko rikomwa mu nkora n’icyorezo cya COVID-19 ariko ubu rikaba bigiye gusubukurwa muri uyu mwaka w’ingego y’imari.

Ku rundi ruhande, WASAC ivuga ko ikirimo gukorana n’inzobere mu Ikoranabuhanga ryo kumenyesha ahari umuyoboro wangiritse SCADA kugira ngo ribe ryatangizwa.

Latest articles

Le Rwanda prend les rênes des normes mondiales de l’IA lors de la réunion annuelle de l’ISO à Kigali

Le Rwanda s’apprête à jouer un rôle central dans l’élaboration de l’avenir de la...

Deux personnes sont mortes dans un accident sept autres blessées

Deux personnes ont perdu la vie et sept autres ont été blessées dans un...

Hôpital de Kibogora Introduit la Chirurgie Laparoscopique pour Améliorer les Soins Médicaux

  Dans le cadre de l’amélioration des services médicaux modernes et de la proximité des...

Sahara: La Hongrie considère que le plan d’autonomie marocain “doit être la base pour la solution

La Hongrie a réaffirmé, mercredi, par la voix de son ministre des Affaires étrangères,...

More like this

Le Rwanda prend les rênes des normes mondiales de l’IA lors de la réunion annuelle de l’ISO à Kigali

Le Rwanda s’apprête à jouer un rôle central dans l’élaboration de l’avenir de la...

Deux personnes sont mortes dans un accident sept autres blessées

Deux personnes ont perdu la vie et sept autres ont été blessées dans un...

Hôpital de Kibogora Introduit la Chirurgie Laparoscopique pour Améliorer les Soins Médicaux

  Dans le cadre de l’amélioration des services médicaux modernes et de la proximité des...