HomeNewsIbitaro bya Nyarugenge bigiye kongera gufungura imiryango

Ibitaro bya Nyarugenge bigiye kongera gufungura imiryango

Published on

spot_img

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yatangaje ko ibitaro by’Akarere ka Nyarugenge bigiye kongera gutanga serivisi nyuma y’igihe byari bimaze bifunzwe kubera imirimo yo gusana.

Ibi yabitangaje ubwo yaganiraga n’Abasenateri asobanura ko ibi bitaro byafunzwe kugira ngo hakemurwe ibibazo birimo iby’amatiyo y’amazi yo hasi atari yubatswe neza.

Minisitiri Nsanzimana yavuze ko ikibazo cy’amatiyo cyakemutse kandi ibikoresho byari bihari birimo kuvugururwa kugira ngo ibitaro bisubire gutanga serivisi nziza.

Yongeyeho ko hari gahunda yo kwagura ibitaro mu bufatanye n’Umujyi wa Kigali na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MININFRA), bikazafasha gukemura ikibazo cy’ubucucike bwabonetse mu bindi bitaro nyuma yo gufunga ibya Nyarugenge.

Ibitaro bya Nyarugenge byatangiye gukora mu 2020 byubatswe ku busabe bw’abaturage bo mu Murenge wa Nyamirambo n’uduce duhana imbibi na wo.

Ibi bitaro byunganiraga ibya Muhima mu guha serivisi ababyeyi n’abana aho buri kwezi byakiraga ababyeyi barenga 200 baje kubyara ndetse n’abarwayi bagera hagati ya 500 na 700.

Kubaka ibi bitaro byatwaye amafaranga y’u Rwanda miliyari 7.1 ariko agaciro kabyo kageze kuri miliyari 9.8 nyuma yo kongeraho ibikoresho. Biteganyijwe ko imirimo yose yo kubaka no kuvugurura izatwara miliyari zisaga 12, bikazafasha abaturage barenga ibihumbi 300 batuye mu Karere ka Nyarugenge.

Biteganyijwe ko ibi bitaro byongere gukora bitarenze ibyumweru bibiri nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi.

Latest articles

Les bus ne s’arrêteront pas plus de 10 minutes à un arrêt ; nouvelles directives pour le transport de passagers à Kigali

La réunion du Cabinet tenue le 28 novembre 2025 a approuvé un nouveau modèle...

Nyagatare :Le ministre de l’Agriculture et de l’Elevage, le Dr Cyubahiro Mark Bagabe, a exhorté la population à respecter l’hygiène

Le Travail Communautaire Axé sur les Campagnes d'Hygiène à Nyagatare Dans tous les secteurs du...

Kamonyi:Agnès Uwera demande une aide pour que son enfant handicapé puisse se rendre à l’école.

Dans la Secteur  de Runda, district de Kamonyi, nous rencontrons Uwera Agnès, une mère...

Nyagatare :Matsiko Gonzage a dit qu’une coopérative qui n’apporte rien à ses membres ne peut rien apporter au pays.

Aujourd'hui, au niveau du District de Nyagatare, la Journée Internationale des Coopératives a été...

More like this

Les bus ne s’arrêteront pas plus de 10 minutes à un arrêt ; nouvelles directives pour le transport de passagers à Kigali

La réunion du Cabinet tenue le 28 novembre 2025 a approuvé un nouveau modèle...

Nyagatare :Le ministre de l’Agriculture et de l’Elevage, le Dr Cyubahiro Mark Bagabe, a exhorté la population à respecter l’hygiène

Le Travail Communautaire Axé sur les Campagnes d'Hygiène à Nyagatare Dans tous les secteurs du...

Kamonyi:Agnès Uwera demande une aide pour que son enfant handicapé puisse se rendre à l’école.

Dans la Secteur  de Runda, district de Kamonyi, nous rencontrons Uwera Agnès, une mère...