HomePoliticsUganda yashyizeho ingamba z’Ubwirinzi ku mupaka uyihuza na Congo

Uganda yashyizeho ingamba z’Ubwirinzi ku mupaka uyihuza na Congo

Published on

spot_img
Maj Gen Felix Kulayigye, yatangaje ko igisirikare cya Uganda cyashyizeho ingamba z’ubwirinzi

Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Maj Gen Felix Kulayigye, yatangaje ko igisirikare cya Uganda cyashyizeho ingamba z’ubwirinzi ku mupaka uhihuza na Congo nyuma yaho mu Burasirazuba bwa Congo, mu ntara ya Kivu ya Ruguru umutwe wa M23 ufashe ibice bitandukanye birimo na Goma.

Itangazo ry’igisirikare cya Uganda ryo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Mutarama 2025, rivuga ko izi ngamba z’ubwirinzi zigiye gushyirwaho kugeza igihe ibintu bizasubira mu buryo.

UPDF ivuga ko impamvu ishyizeho izi ngamba ari ukugira ngo babashe gukomeza guhangana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasirazuba bwa Congo irimo na ADF ishobora kwinjirira muri iki kibazo cy’umutekano mucye gihari.

Igisirikare cya Uganda gisanzwe gifatanya n’icya leta ya Congo mu bikorwa byo guhangana n’imitwe yitwaje intwaro irimo na ADF.

Mu Ugushyingo 2021 nibwo ingabo z’impande zombi zatangije ibi bikorwa bya gisirikare bihuriweho mu kurwanya uyu mutwe witwaje intwaro . Ni ibikorwa byiswe  ’Operasiyo Shujaa’.

Umutwe wa ADF ukunze kwibasira ibice bitandukanye byo mu Ntara ya Ituri.Umaze imyaka isaga 20 ukorera muri Congo.

Igisirikare cya Uganda  (UPDF) ku bufatanye n’icya Congo, bamaze igihe  batangije ibitero byo guhashya uwo mutwe, ariko bisa nk’aho nta musaruro ufatika biratanga kuko ibikorwa by’uwo mutwe bitahagaze.

Icyakora hari abashobora guhuza izi ngamba z’ubwirinzi no gusa nkaho Uganda iryamiye amajanja kuko leta ya Congo yahize gutera u Rwanda bityo ikaba yaca muri iki gihugu.

Nyuma yaho AFC/M23 ifashe umujyi wa Goma, mu murwa mukuru wa Congo, i Kinshasa, ibiro bya Ambasade y’u Rwanda, Uganda, Ubufaransa, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ Ububiligi byatewe  ndetse biranasahurwa n’abakoraga imyigaragambyo nko gushaka kwerekana akababaro kabo.

Ibi byafashwe nk’ubushotoranyi kuri ibyo bihugu ndetse byamaganirwa kure.

Latest articles

Le Rwanda prend les rênes des normes mondiales de l’IA lors de la réunion annuelle de l’ISO à Kigali

Le Rwanda s’apprête à jouer un rôle central dans l’élaboration de l’avenir de la...

Deux personnes sont mortes dans un accident sept autres blessées

Deux personnes ont perdu la vie et sept autres ont été blessées dans un...

Hôpital de Kibogora Introduit la Chirurgie Laparoscopique pour Améliorer les Soins Médicaux

  Dans le cadre de l’amélioration des services médicaux modernes et de la proximité des...

Sahara: La Hongrie considère que le plan d’autonomie marocain “doit être la base pour la solution

La Hongrie a réaffirmé, mercredi, par la voix de son ministre des Affaires étrangères,...

More like this

Le Rwanda prend les rênes des normes mondiales de l’IA lors de la réunion annuelle de l’ISO à Kigali

Le Rwanda s’apprête à jouer un rôle central dans l’élaboration de l’avenir de la...

Deux personnes sont mortes dans un accident sept autres blessées

Deux personnes ont perdu la vie et sept autres ont été blessées dans un...

Hôpital de Kibogora Introduit la Chirurgie Laparoscopique pour Améliorer les Soins Médicaux

  Dans le cadre de l’amélioration des services médicaux modernes et de la proximité des...