HomePoliticsPerezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi w’Inama ya EU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi w’Inama ya EU

Published on

spot_img

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 05 Gashyantare 2025, Nibwo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko yaganiriye n’Umuyobozi w’Inama y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU, António Costa ku ngingo zirimo ibijyanye n’umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X, Umukuru w’Igihugu yatangaje ko uyu muyobozi baganiriye ku mubano w’uwo Muryango n’u Rwanda ati “Nagiranye ikiganiro cyiza na Perezida w’Inama y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU, António Costa. Twaganiriye ku biri kubera muri RDC ndetse twemeranya ko hakenewe uburyo bwiza bwo gukemura ikibazo ndetse n’ibisubizo bishingiye ku biganiro bya politiki kugira ngo himakazwe amahoro arambye.”
 
Umukuru w’Igihugu kandi yagaragaje ko mu biganiro bye na Costa hibanzwe no ku kijyanye n’uko impande zose bireba, zigomba kugira uruhare mu gushaka igisubizo ku bibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC. Ati “Twaganiriye kandi ku mubano ukomeye usanzweho hagati ya EU n’u Rwanda, binyuze mu nzego zitandukanye z’ingenzi.”
 
Ni ikiganiro kibaye nyuma y’ibindi aherutse kugirana n’abandi bayobozi barimo nk’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, ku ngingo zirimo n’ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa 29 Mutarama 2025.
 
Mu mpera za Mutarama 2025 kandi Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Jean-Noël Barrot wari mu ruzinduko mu Rwanda, baganira ku mibanire y’ibihugu byombi ndetse n’uburyo bwo gushaka amahoro arambye mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

Latest articles

Rubavu:Le Forum des ONG du Rwanda, connu sous le nom de BAVU, joue un rôle crucial dans la lutte contre le paludisme, la tuberculose...

La réunion du 21 février 2025 dans le district de Rubavu, organisée en collaboration...

Ubuzima bwa Baden Powell washinze umuryango w’aba Scout

Tariki 22 Gashyantare buri mwaka, ni umunsi umuryango w’aba Scout ku Isi hose uzirikana...

M23 imaze gutahura intwaro zari mu baturage

Ihuriro AFC/M23 ryeretse itangazamakuru imbunda 150 ziganjemo izo mu bwoko bwa AK47 rimaze kuvana...

Kamonyi:Fuso yagonze imodoka y’abanyeshuri

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Gashyantare 2024, mu Murenge...

More like this

Rubavu:Le Forum des ONG du Rwanda, connu sous le nom de BAVU, joue un rôle crucial dans la lutte contre le paludisme, la tuberculose...

La réunion du 21 février 2025 dans le district de Rubavu, organisée en collaboration...

Ubuzima bwa Baden Powell washinze umuryango w’aba Scout

Tariki 22 Gashyantare buri mwaka, ni umunsi umuryango w’aba Scout ku Isi hose uzirikana...

M23 imaze gutahura intwaro zari mu baturage

Ihuriro AFC/M23 ryeretse itangazamakuru imbunda 150 ziganjemo izo mu bwoko bwa AK47 rimaze kuvana...