HomeLifestyleIravurwa kandi igakira! Menya byinshi ku ndwara yo 'gupfa uhagaze

Iravurwa kandi igakira! Menya byinshi ku ndwara yo ‘gupfa uhagaze

Published on

spot_img

 

Benshi bakunze kubivuga nk’igitutsi akenshi ku muntu batakarije ikizere cy’ubuzima, gusa indwara ya Cotard Syndrome ibaho ndetse ishobora kuvurwa igakira.

Hashobora kuba hari umuntu wigeze kubikubwira cyangwa kumva uvuga ati:”Uriya we yapfuye ahagaze!”

Kenshi umuntu bavuga ko yapfuye ahagaze kuko baba babona asa n’uwangiritse bikomeye akenshi bavuga mu mutwe, ku buryo usanga ntacyo amariye sosiyete cyangwa nawe ubwe ntacyo yimariye.

Gusa ani bake bazi ko hari indwara umuntu ashobora kurwara ku buryo yumva ko yapfuye, akabyizera koko, nubwo aba atapfuye bya nyabyo.

Iyi ndwara yitwa ‘Cotard Syndrome’ mu rurimi rw’Icyongereza, niyo twagerageje gushakira izina ry’ikinyarwanda tuyita indwara yo ‘gupfa uhagaze’.

Nk’uko tubikesha Washington Post mu nkuru ya Meeri Kim, Cotard Syndrome ni indwara yo mu mutwe aho uyirwaye aba yumva yarapfuye, atariho cyangwa se akumva hari igice cy’umubiri yatakaje. Rimwe na rimwe hari n’abajya kure bakumva ko n’Isi ubwayo itariho.

Aha igikurikira ni uko uwarwaye iyi ndwara cyangwa se wapfuye ahagaze, atangira kutarya kuko nta mpamvu yo kurya warapfuye. Ibi bishobora gutuma inzara ubwayo imwiyicira.

Ntabwo agarukira aha kandi kuko ahagarika ibikorwa byose, agatangira kwiberaho nyine nk’uwapfuye. Aha bikururira umuntu ibirimo kwigunga no kuba yagerageza kwiyahura, dore ko bamwe baba bumva bataribupfe kuko n’ubundi bapfuye.

Ese iyi ndwara iterwa n’iki!?

Iyi ndwara ishobora guterwa n’ibintu bitandukanye gusa byose bishingira ku bibazo byo mu mutwe. Aha harimo agahinda gakabije(depression), indwara ya Dementia aho umuntu atakaza ubushobozi mu gutekereza no kwibuka ndetse n’ibindi.

Abahanga bagaragaza ko inzobere mu kuvura indwara zo mu mutwe, urwaye iyi ndwara bashobora kumukoraho rikaka, akaba yagaruka i buntu, icyo we afata nko kuzuka.

Bwa mbere humvikana iyi ndwara ku Isi, hari mu 1988 ubwo umuganga w’umufaransa Jules Cotard yayivugagaho bwa mbere.

 

 

 

 

Latest articles

Le Rwanda prend les rênes des normes mondiales de l’IA lors de la réunion annuelle de l’ISO à Kigali

Le Rwanda s’apprête à jouer un rôle central dans l’élaboration de l’avenir de la...

Deux personnes sont mortes dans un accident sept autres blessées

Deux personnes ont perdu la vie et sept autres ont été blessées dans un...

Hôpital de Kibogora Introduit la Chirurgie Laparoscopique pour Améliorer les Soins Médicaux

  Dans le cadre de l’amélioration des services médicaux modernes et de la proximité des...

Sahara: La Hongrie considère que le plan d’autonomie marocain “doit être la base pour la solution

La Hongrie a réaffirmé, mercredi, par la voix de son ministre des Affaires étrangères,...

More like this

Le Rwanda prend les rênes des normes mondiales de l’IA lors de la réunion annuelle de l’ISO à Kigali

Le Rwanda s’apprête à jouer un rôle central dans l’élaboration de l’avenir de la...

Deux personnes sont mortes dans un accident sept autres blessées

Deux personnes ont perdu la vie et sept autres ont été blessées dans un...

Hôpital de Kibogora Introduit la Chirurgie Laparoscopique pour Améliorer les Soins Médicaux

  Dans le cadre de l’amélioration des services médicaux modernes et de la proximité des...