HomeNewsAbanyarwanda barenga 100 batahutse bavuye DRCongo bahunze imirwano

Abanyarwanda barenga 100 batahutse bavuye DRCongo bahunze imirwano

Published on

spot_img

Abanyarwanda barenga 116 batahutse mu gihugu cyabo nyuma yuko mu bice bari barahungiyemo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) bigezwemo n’imirwano irimo guhuza M23 n’ingabo za Leta.

Abarimo guhunguka barakirwa ku mupaka wa Rubavu, baraza bavuga ko ari abahunze mu 1994 muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Gusa iyo urebye benshi muri bo uko bangana usanga ari bato, ni abana kandi biganjemo abagore, bishobora kuba bigaragara nk’aho ari abavukiye muri Congo aho ababyeyi babo bari barahungiye abandi bakaba baragiye ari abana.

Barimo kwakirwa n’abakozi batandukanye barimo ab’ishami rya UN rishinzwe impunzi, UNHCR, ndetse n’abo mu nzego z’ubuyobozi bw’igihugu na minisiteri ishinzwe ubutabazi na polisi y’u Rwanda.

Ku mupaka wa Rubavu abanyarwanda bahungutse muri Congo bari kubanza gusakwa bakakirwa

Nyuma yo kwakirwa no guhabwa ikaze mu rwababyaye, bari kurinzwa imodoka berekezwa aho bagiye guhugurwa ku mateka y’igihugu cyabo kugira ngo bajye muri sosiyete bisanga.

Uwineza Françoise utahanye n’abana bane bavuye muri DRC, avuga ko bishimiye gutaha mu gihugu cyabo. Muri rusange ngo imibereho ntiyari imeze neza mu buzima bw’ubuhunzi, ndetse ngo babwirwaga amakuru y’impuha ko nibataha bazagirirwa nabi, ariko yasanze atari ko bimeze.

Uwineza Françoise utahanye n’abana bane bavuye muri DRC, avuga ko bishimiye gutaha mu gihugu cyabo

Latest articles

Le Rwanda prend les rênes des normes mondiales de l’IA lors de la réunion annuelle de l’ISO à Kigali

Le Rwanda s’apprête à jouer un rôle central dans l’élaboration de l’avenir de la...

Deux personnes sont mortes dans un accident sept autres blessées

Deux personnes ont perdu la vie et sept autres ont été blessées dans un...

Hôpital de Kibogora Introduit la Chirurgie Laparoscopique pour Améliorer les Soins Médicaux

  Dans le cadre de l’amélioration des services médicaux modernes et de la proximité des...

Sahara: La Hongrie considère que le plan d’autonomie marocain “doit être la base pour la solution

La Hongrie a réaffirmé, mercredi, par la voix de son ministre des Affaires étrangères,...

More like this

Le Rwanda prend les rênes des normes mondiales de l’IA lors de la réunion annuelle de l’ISO à Kigali

Le Rwanda s’apprête à jouer un rôle central dans l’élaboration de l’avenir de la...

Deux personnes sont mortes dans un accident sept autres blessées

Deux personnes ont perdu la vie et sept autres ont été blessées dans un...

Hôpital de Kibogora Introduit la Chirurgie Laparoscopique pour Améliorer les Soins Médicaux

  Dans le cadre de l’amélioration des services médicaux modernes et de la proximité des...