HomeUbuzimaUburyo bwiza bwo gusukura mu matwi

Uburyo bwiza bwo gusukura mu matwi

Published on

spot_img

Isuku yo mu matwi nyamara ijya ikorwa nabi, rimwe na rimwe kubera kutamenya uko ikorwa, ubundi bigaterwa n’ubucuruzi, aho uwakoze igisukura mu gutwi akubwira ibyiza ntakubwire ingaruka zirimo cyangwa uko gikoreshwa

Udukoresho tuzwi nka tige-cotton cyangwa cure-oreille (cotton swab) ntabwo twagenewe gusukura mu gutwi imbere ahubwo ni utwo guhanagura ugutwi kw’inyuma,  igikobokobo, ntabwo byemewe kwinjiza mu gutwi imbere kuko uretse kuba ipamba ryavungukiramo, ushobora no gusunikira kure ubukurugutwa nuko aho kugirango busohoke ukabutsindagira.

Gusukura amatwi muri ubu buryo ntabwo byemewe na gato

Rero nubwo ubusanzwe ugutwi ubwako kwikorera isuku, ariko mu gihe uhisemo kugusukura hari ibyo ugomba kuzirikana, hari n’uburyo ushobora kubikoramo neza nkuko tugiye kubirebera hamwe.

Uburyo bwiza bwo gusukura mu gutwi uri mu rugo

1.Banza umenye neza ko nta gikomere kiri mu gutwi cyangwa ubundi burwayi nk’umuhaha

Kuko gusukura ugutwi bisaba kugira ibyo usukamo, ntabwo ari byiza kuba wabikora urwaye mu gutwi cyane cyane iyo hari ibikomere cyangwa ubundi burwayi ufite.

Kugirango umenye ko mu gutwi harimo uburwayi bisaba kujya kwa muganga gusa hari ibimenyetso:

Umuriro

Ibisohoka mu gutwi by’umuhondo cyangwa icyatsi

Guhitwa no kuruka

Kuribwa cyane kandi bihoraho

2.Tunganya ibyo gusukura

Ibyo gusukura mu gutwi bibaho bigurwa muri farumasi gusa hari n’uburyo ushobora kwitunganyiriza umuti wo gusukura mu gutwi.

Ushobora kubikora wifashishije kuvanga amazi ashyushye na kimwe muri ibi bikurikira:

Akayiko gato cyangwa 2 twa eau oxygenée (hydrogen peroxide) ya 3% cg 4%

Ufata akayiko cyangwa 2 tw’amavuta azwi nka mineral (urugero ni Vaseline)

Akayiko cyangwa tubiri twa glycerin

Eau oxygenée iraboneka muri farumasi

Ibi ubivanga mu mazi macye nka 20ml

3.Tunganya icyo gushyirishamo umuti

Nubwo ushobora kubikorera mu kintu kirangaye, ariko umuti uzawusuka mu gutwi ukoresheje ikintu kibonezamo neza. Aha ushobora gukoresha igitoryi (syringue), agacupa kavuyemo amavuta ariko bakanda (gafite umunwa ubumbye) cyangwa ikindi cyose gishobora kwinjira mu gutwi kitabangamye.

Noneho usukemo umuti byibuze ugere muri ½ cy’igikoresho

4.Hengeka umutwe

Kugirango umuti uze kugera neza mu gutwi, ni byiza ko umuyoboro w’ugutwi uba uringaniye neza. Ugutwi ugiye gusukura niko kuba kuri hejuru, bishobotse wabikora uryamiye urubavu

5.Sukamo umuti buhoro buhoro

Fatira icyo ukoresha hafi y’umwinjiro w’ugutwi, ntiwinjizemo imbere ariko noneho ujye ukandiramo umuti buhoro buhoro. Kuko utabyikorera ni byiza ko uwubikora akurukiza izi nzira.

Gusa niba wakoresheje hydrogen peroxide ushobora kumva ikimeze nk’igihu mu gutwi, ibyo ni ibisanzwe ntibigutere ubwoba

6.Tegereza

Kugirango umuti ukore bisaba iminota hagati ya 5 na 10. Guma uko umeze ntiwinyeganyeze urindire iyo minota kugeza irangiye kugirango umuti ube wamaze kwivanga n’ubukurugutwa. Niba wakoresheje eau oxygenée cyakindi kimeze nk’igihu nigishiramo umuti uzaba wamaze gukora

7.Kuramo ibiri mu gutwi

Nyuma y’iyi minota noneho ongera uhengeke umutwe ugutwi kwagiyemo umuti ariko kureba hasi. Utegeho akantu munsi y’ugutwi kugirango ibivuye mu gutwi bigweho. Ushobora no gukoresha agapampa ugashyira ku gutwi gusa ukirinda kuryinjizamo imbere

8.Unyuguza

Ugutwi nanone kuri hejuru, shyiramo amazi anganya ubushyuhe n’umubiri (37°C), uyapurizemo ukoresheje cya gitoryi cyangwa ikindi kintu wakifashisha akinjiramo neza agasukura ibyasigayemo

Mbere yo kubikora ubanze ukurure ugutwi uzamura kandi ujyana inyuma kugirango umwenge ugaragare neza

9.Umutsa

Ibi birangiye noneho hanaguza agatambaro keza ugutwi inyuma ariko, unagerageze gusa nuzunguza umutwe ngo amazi yasigayemo avemo.

Ubikore kuri buri matwi yose kugeza wumvise nta kintu kikirimo

Ibi ubikora byibuze mu minsi 3 ikurikirana niba wari umaze igihe kinini udasukura amatwi yawe.

NB: Ibyo ugomba kwitonera

Ni byiza gusukura amatwi nyuma yo koga umubiri wose kuko niho ubukurugutwa buba bworoshye

Niba utarasobanukirwa neza uko wabikora wagana muganga akabigufashamo

Kirazira gukoresha ikindi kintu nk’ipamba, igifuniko cy’ikaramu cyangwa igitambaro mu gutwi imbere

Niba wakoresheje eau oxygenée nyuma ukumagara mu gutwi, sigamo utuvuta ducye twa Vaseline

Niba bikabije cyane wagana umuganga w’inzobere mu ndwara z’amatwi

Eau oxygené ntigomba gukoreshwa birenze 2 mu cyumweru ,Ibi ntibikorwa ku bana bari munsi y’imyaka 12.

Latest articles

Rubavu:Le Forum des ONG du Rwanda, connu sous le nom de BAVU, joue un rôle crucial dans la lutte contre le paludisme, la tuberculose...

La réunion du 21 février 2025 dans le district de Rubavu, organisée en collaboration...

Ubuzima bwa Baden Powell washinze umuryango w’aba Scout

Tariki 22 Gashyantare buri mwaka, ni umunsi umuryango w’aba Scout ku Isi hose uzirikana...

M23 imaze gutahura intwaro zari mu baturage

Ihuriro AFC/M23 ryeretse itangazamakuru imbunda 150 ziganjemo izo mu bwoko bwa AK47 rimaze kuvana...

Kamonyi:Fuso yagonze imodoka y’abanyeshuri

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Gashyantare 2024, mu Murenge...

More like this

Rubavu:Le Forum des ONG du Rwanda, connu sous le nom de BAVU, joue un rôle crucial dans la lutte contre le paludisme, la tuberculose...

La réunion du 21 février 2025 dans le district de Rubavu, organisée en collaboration...

Ubuzima bwa Baden Powell washinze umuryango w’aba Scout

Tariki 22 Gashyantare buri mwaka, ni umunsi umuryango w’aba Scout ku Isi hose uzirikana...

M23 imaze gutahura intwaro zari mu baturage

Ihuriro AFC/M23 ryeretse itangazamakuru imbunda 150 ziganjemo izo mu bwoko bwa AK47 rimaze kuvana...