HomeUbuzimaAbana bafite ‘autisme’ bagiye kubakirwa ibigo by’amashuri bitanu

Abana bafite ‘autisme’ bagiye kubakirwa ibigo by’amashuri bitanu

Published on

spot_img
  

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze, REB, rwatangaje ko hagiye kubakwa ibigo by’amashuri bitanu bigenewe abana bafite ‘autisme’ n’abafite ibindi bibazo by’imyitwarire idasanzwe mu rwego rwo gukomeza kubaka uburezi budaheza ku bafite ubumuga.

‘Autisme’ ni ihinduka ridindiza imikurire n’imikorere y’ubwonko n’imyakura bya muntu bikamuviramo ubumuga bwo mu mutwe, ku buryo uyifite bimugiraho ingaruka zirimo kugira imyitwarire idasanzwe ndetse agakora ibinyuranye n’iby’abandi kuko aba atumva impamvu yabyo.

Uyifite akenshi arangwa n’ibirimo kurobanura cyane ibyo arya, kugorwa no kugenzura amarangamutima ye, kuba yananirwa kumenya uko yitwara mu bandi akaba yanaceceka nk’aho atari kumva, n’ibindi.

Abafite ‘Autisme’ ntibakunda impinduka mu buzima bwabo busanzwe, ibishobora no kubatera umujinya udasanzwe mu gihe ibyo bubatse basanze byahinduwe mu bundi buryo, cyangwa se bakisanga mu bintu batamenyereye, ibibatera guhindagurika kudasanzwe mu marangamutima yabo.

Umuyobozi Mukuru wa REB, Dr. Mbarushimana Nelson yabwiye The New Times ko mu rwego rwo kubaka uburezi budaheza abana bafite ‘autisme’ n’abafite indi myitwarire idasanzwe bagomba gushyirirwaho integanyanyigisho n’ibigo by’amashuri byihariye aho hazubakwa kimwe muri buri ntara.

Yagize ati “Uburezi bwacu bugomba kudaheza mu buryo bwuzuye. Abana bafite ‘autisme’ bagomba gushyirirwaho integanyanyigisho yihariye. Bazubakirwa kandi amashuri, kuva mu kiburamwaka, azatuma babasha kubona ibyo bakeneye byihariye mu burezi. Leta iri guteganya kubaka ayo mashuri mu rwego rwo gufasha abo bana.”

Kugeza ubu abana bafite ’autisme’ mu Rwanda bitabwaho n’ikigo rukumbi cyitwa Autisme Rwanda giherereye mu Mujyi wa Kigali.

Biteganyijwe ko abana bafite ubumuga butandukanye biga mu mashuri abanza bazikuba kabiri bakava ku 40.324 bakagera ku 80.323 bitarenze mu 2029.

Ni muri urwo rwego muri iyi myaka itanu iri imbere Leta iteganya kongera umubare w’abiga mu mashuri y’ikiburamwaka bakava ku ijanisha rya 39% bakagera kuri 65%.

Mu gukemura ikibazo cy’ubucucike mu mashuri muri rusange kandi Leta izubaka ibyumba by’amashuri bishya bigera ku 11.240 bitarenze mu 2029

Latest articles

Les bus ne s’arrêteront pas plus de 10 minutes à un arrêt ; nouvelles directives pour le transport de passagers à Kigali

La réunion du Cabinet tenue le 28 novembre 2025 a approuvé un nouveau modèle...

Nyagatare :Le ministre de l’Agriculture et de l’Elevage, le Dr Cyubahiro Mark Bagabe, a exhorté la population à respecter l’hygiène

Le Travail Communautaire Axé sur les Campagnes d'Hygiène à Nyagatare Dans tous les secteurs du...

Kamonyi:Agnès Uwera demande une aide pour que son enfant handicapé puisse se rendre à l’école.

Dans la Secteur  de Runda, district de Kamonyi, nous rencontrons Uwera Agnès, une mère...

Nyagatare :Matsiko Gonzage a dit qu’une coopérative qui n’apporte rien à ses membres ne peut rien apporter au pays.

Aujourd'hui, au niveau du District de Nyagatare, la Journée Internationale des Coopératives a été...

More like this

Les bus ne s’arrêteront pas plus de 10 minutes à un arrêt ; nouvelles directives pour le transport de passagers à Kigali

La réunion du Cabinet tenue le 28 novembre 2025 a approuvé un nouveau modèle...

Nyagatare :Le ministre de l’Agriculture et de l’Elevage, le Dr Cyubahiro Mark Bagabe, a exhorté la population à respecter l’hygiène

Le Travail Communautaire Axé sur les Campagnes d'Hygiène à Nyagatare Dans tous les secteurs du...

Kamonyi:Agnès Uwera demande une aide pour que son enfant handicapé puisse se rendre à l’école.

Dans la Secteur  de Runda, district de Kamonyi, nous rencontrons Uwera Agnès, une mère...