HomeUbuzimaAbana bafite ‘autisme’ bagiye kubakirwa ibigo by’amashuri bitanu

Abana bafite ‘autisme’ bagiye kubakirwa ibigo by’amashuri bitanu

Published on

spot_img
  

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze, REB, rwatangaje ko hagiye kubakwa ibigo by’amashuri bitanu bigenewe abana bafite ‘autisme’ n’abafite ibindi bibazo by’imyitwarire idasanzwe mu rwego rwo gukomeza kubaka uburezi budaheza ku bafite ubumuga.

‘Autisme’ ni ihinduka ridindiza imikurire n’imikorere y’ubwonko n’imyakura bya muntu bikamuviramo ubumuga bwo mu mutwe, ku buryo uyifite bimugiraho ingaruka zirimo kugira imyitwarire idasanzwe ndetse agakora ibinyuranye n’iby’abandi kuko aba atumva impamvu yabyo.

Uyifite akenshi arangwa n’ibirimo kurobanura cyane ibyo arya, kugorwa no kugenzura amarangamutima ye, kuba yananirwa kumenya uko yitwara mu bandi akaba yanaceceka nk’aho atari kumva, n’ibindi.

Abafite ‘Autisme’ ntibakunda impinduka mu buzima bwabo busanzwe, ibishobora no kubatera umujinya udasanzwe mu gihe ibyo bubatse basanze byahinduwe mu bundi buryo, cyangwa se bakisanga mu bintu batamenyereye, ibibatera guhindagurika kudasanzwe mu marangamutima yabo.

Umuyobozi Mukuru wa REB, Dr. Mbarushimana Nelson yabwiye The New Times ko mu rwego rwo kubaka uburezi budaheza abana bafite ‘autisme’ n’abafite indi myitwarire idasanzwe bagomba gushyirirwaho integanyanyigisho n’ibigo by’amashuri byihariye aho hazubakwa kimwe muri buri ntara.

Yagize ati “Uburezi bwacu bugomba kudaheza mu buryo bwuzuye. Abana bafite ‘autisme’ bagomba gushyirirwaho integanyanyigisho yihariye. Bazubakirwa kandi amashuri, kuva mu kiburamwaka, azatuma babasha kubona ibyo bakeneye byihariye mu burezi. Leta iri guteganya kubaka ayo mashuri mu rwego rwo gufasha abo bana.”

Kugeza ubu abana bafite ’autisme’ mu Rwanda bitabwaho n’ikigo rukumbi cyitwa Autisme Rwanda giherereye mu Mujyi wa Kigali.

Biteganyijwe ko abana bafite ubumuga butandukanye biga mu mashuri abanza bazikuba kabiri bakava ku 40.324 bakagera ku 80.323 bitarenze mu 2029.

Ni muri urwo rwego muri iyi myaka itanu iri imbere Leta iteganya kongera umubare w’abiga mu mashuri y’ikiburamwaka bakava ku ijanisha rya 39% bakagera kuri 65%.

Mu gukemura ikibazo cy’ubucucike mu mashuri muri rusange kandi Leta izubaka ibyumba by’amashuri bishya bigera ku 11.240 bitarenze mu 2029

Latest articles

Le Rwanda prend les rênes des normes mondiales de l’IA lors de la réunion annuelle de l’ISO à Kigali

Le Rwanda s’apprête à jouer un rôle central dans l’élaboration de l’avenir de la...

Deux personnes sont mortes dans un accident sept autres blessées

Deux personnes ont perdu la vie et sept autres ont été blessées dans un...

Hôpital de Kibogora Introduit la Chirurgie Laparoscopique pour Améliorer les Soins Médicaux

  Dans le cadre de l’amélioration des services médicaux modernes et de la proximité des...

Sahara: La Hongrie considère que le plan d’autonomie marocain “doit être la base pour la solution

La Hongrie a réaffirmé, mercredi, par la voix de son ministre des Affaires étrangères,...

More like this

Le Rwanda prend les rênes des normes mondiales de l’IA lors de la réunion annuelle de l’ISO à Kigali

Le Rwanda s’apprête à jouer un rôle central dans l’élaboration de l’avenir de la...

Deux personnes sont mortes dans un accident sept autres blessées

Deux personnes ont perdu la vie et sept autres ont été blessées dans un...

Hôpital de Kibogora Introduit la Chirurgie Laparoscopique pour Améliorer les Soins Médicaux

  Dans le cadre de l’amélioration des services médicaux modernes et de la proximité des...