HomeUbuzimaPerezida Museveni asanga abakobwa bisiga 'lipstic' baba baroga abagabo

Perezida Museveni asanga abakobwa bisiga ‘lipstic’ baba baroga abagabo

Published on

spot_img

Ubwo yari yagiriye uruzinduko Rubaya, Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yavuze ko ibirungo byo ku munwa abakobwa n’abagore bisiga, nta kamaro bifite ahubwo bitera indwara abagabo babasoma.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yatangaje ibi i Rubaya mu muhango wo gutangiza Ankole Presidential Hub, igikorwa kiri mu rwego rw’urugendo rwe rwo guteza imbere ubukungu binyuze muri gahunda ya Operation Wealth Creation mu karere ka Ankole.

Umukobwa witwa Ninsiima, yavuze yishimye ko amafaranga yinjiza muri iyi gahunda ya Operation Wealth Creation amufasha kwigurira parfum, lipstick no gukora imisatsi nk’uko byagarutsweho n’ibinyamakuru bitandukanye birimo Swiftnewsug.

Nyuma yo kurita mu matwi, Perezida Museveni yavuze ko ibyo birungo bisiga ku munwa (Lipstic) nta kamaro bigira ahubwo byanduza indwara abagabo.

Yagize ati “Lipstic nta kamaro kazo. Aba bana b’abakobwa bari kubura uburere bukwiye. Iyo ukoresheje lipstic se ntuba ugiye kwanduza umugabo wawe? Ashobora kurwara kanseri abaye agusomye akamira ibyo binyabutabire bigize lipstic.”

Yongeyeho ko urubyiruko rwa Uganda rukwiye kuyoborwa neza aho kwishora mu bintu bishobora kubangiriza ubuzima bwabo bibwira ko ari byo byiza kuri bo.

Abahanga bavuga ko zimwe muri lipstick haba harimo ibinyabutabire bya cadmium na chromium bishobora kuba bibi ku buzima bw’uwisiga ibyo birungo ndetse n’usoma uwisize ibyo birungo.

Ku muntu ushobora kumira ibyo birungo, bishobora kuzamugiraho ingaruka mbi ariko mu gihe kirekire nubwo benshi babyisiga.

Gusa mu ikorwa ryabyo, hifashishwa ibinyabutabire bitagize icyo byangiza ku buzima bw’umuntu kereka iyo bibaye byinshi cyane.

Latest articles

Les bus ne s’arrêteront pas plus de 10 minutes à un arrêt ; nouvelles directives pour le transport de passagers à Kigali

La réunion du Cabinet tenue le 28 novembre 2025 a approuvé un nouveau modèle...

Nyagatare :Le ministre de l’Agriculture et de l’Elevage, le Dr Cyubahiro Mark Bagabe, a exhorté la population à respecter l’hygiène

Le Travail Communautaire Axé sur les Campagnes d'Hygiène à Nyagatare Dans tous les secteurs du...

Kamonyi:Agnès Uwera demande une aide pour que son enfant handicapé puisse se rendre à l’école.

Dans la Secteur  de Runda, district de Kamonyi, nous rencontrons Uwera Agnès, une mère...

Nyagatare :Matsiko Gonzage a dit qu’une coopérative qui n’apporte rien à ses membres ne peut rien apporter au pays.

Aujourd'hui, au niveau du District de Nyagatare, la Journée Internationale des Coopératives a été...

More like this

Les bus ne s’arrêteront pas plus de 10 minutes à un arrêt ; nouvelles directives pour le transport de passagers à Kigali

La réunion du Cabinet tenue le 28 novembre 2025 a approuvé un nouveau modèle...

Nyagatare :Le ministre de l’Agriculture et de l’Elevage, le Dr Cyubahiro Mark Bagabe, a exhorté la population à respecter l’hygiène

Le Travail Communautaire Axé sur les Campagnes d'Hygiène à Nyagatare Dans tous les secteurs du...

Kamonyi:Agnès Uwera demande une aide pour que son enfant handicapé puisse se rendre à l’école.

Dans la Secteur  de Runda, district de Kamonyi, nous rencontrons Uwera Agnès, une mère...