HomePoliticsPerezida wa Afurika y’ Epfo, Ramaphosa , yashyizeho icyumweru cyo kunamira abasirikare...

Perezida wa Afurika y’ Epfo, Ramaphosa , yashyizeho icyumweru cyo kunamira abasirikare baherutse gupfira muri Congo

Published on

spot_img
Perezida Ramaphosa wa Afurika Y’ Epfo, ibi yabitangarije Inteko Ishinga Amategeko y’ iki gihugu avuga ko hagomba kujyaho icyumweru cyo kunamira abasirikare baherutse gupfira muri DRC

Yagize ati” Ubu turi hano mu rwego rwo kunamira abasirikare bari mu butumwa bwo kugarura Amahoro mu Burasirazuba bwa RDC’ ari na ko yasomaga amazina yabo.

Yakomeje agira ati” Nyakubahwa Perezida w’ Inteko Ishinga Amategeko,wakoze kudufasha guha icyubahiro izi Ntwari ndetse nategetse ko ibendera ry’ Igihugu rimanurwa kugeza mu cya Kabiri ,mu kubaha izi Ntwari. Bizamara icyumweru bikazatangira ku wa 07 Gashyantare 2025, mu Gitondo.

Perezida wa Afurika Y’ Epfo Cyril Ramaphosa, yavuze ko abo basirikare bari kumwe n’ abandi bo mu muryango wa SADC baburiye ubuzima mu bikorwa byo kurinda no kubungabunga uburenganzira bw’ Abanyecongo.

Uyu mu Perezida acyitsa kuri ayo magambo yo kurinda abaturage ba Congo ,abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Afurika Y’ Epfo bazamuye amajwi bavuza induru ,na cyane ko bamaze iminsi bagaragaza ko badashyigikiye iby’ ubu butumwa bwo kurinda Amahoro muri Congo,bakabushinja kurinda inyungu za Perezida Ramaphosa n’ abandi bantu bakomeye.

Perezida Ramaphosa yakomeje agira ati” Abo basirikare nibo bafashije abo baturage kubaho mu mahoro n’ umutekano. Babuze ubuzima batarangamiye umutungo kamere cyangwa ubutaka ,ahubwo babuze ubuzima kugira ngo bacecekeshe intwaro Kuri uyu Mugabane burundu turabashimiye”.

Latest articles

Ministère de la Santé exhorte les jeunes à rester vigilants car le VIH reste une menace    

Lors de sa participation à un événement sportif communautaire organisé dans la ville de...

IAS 2025 : PrEP et autodépistage du VIH, de nouvelles approches pour prévenir la propagation du SIDA

Kigali a accueilli la conférence internationale organisée par l’IAS 2025 (*International AIDS Society*), qui...

IAS 2025 Kigali: A Turning Point for Global HIV Advocacy, Innovation, and Equity

As the 13th IAS Conference on HIV Science (IAS 2025) opens today in Kigali,...

Rwanda’s Debt Structure as of December 2024

The figures from the Ministry of Finance and Economic Planning reveal that as of...

More like this

Ministère de la Santé exhorte les jeunes à rester vigilants car le VIH reste une menace    

Lors de sa participation à un événement sportif communautaire organisé dans la ville de...

IAS 2025 : PrEP et autodépistage du VIH, de nouvelles approches pour prévenir la propagation du SIDA

Kigali a accueilli la conférence internationale organisée par l’IAS 2025 (*International AIDS Society*), qui...

IAS 2025 Kigali: A Turning Point for Global HIV Advocacy, Innovation, and Equity

As the 13th IAS Conference on HIV Science (IAS 2025) opens today in Kigali,...