HomeUmutekanoPerezida wa Centrafrique Touadéra yashimangiye ubufatanye na RDF mu mavugurura y’umutekano

Perezida wa Centrafrique Touadéra yashimangiye ubufatanye na RDF mu mavugurura y’umutekano

Published on

spot_img

Itsinda ry’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) riyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, riri mu ruzinduko muri Repubulika ya Centrafrique (RCA), aho ryakiriwe na Perezida w’iki Gihugu, Faustin-Archange Touadéra.

Nk’uko byatangajwe n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, uru ruzinduko rwatangiye ku wa Kabiri tariki ya 04 Werurwe 2025, rukaba rugamije gukomeza umubano ushingiye ku bufatanye mu bya gisirikare hagati y’u Rwanda na Centrafrique.

Mu butumwa RDF yashyize ahagaragara, bugaragaza ko Maj Gen Nyakarundi ari kumwe n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Imyitozo muri RDF, Lt Col L. Kabutura. Iri tsinda ryakiriwe kandi n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique (FACA), bakirwa ku mugaragaro na Perezida Touadéra.

Mu kiganiro bagiranye, Perezida Touadéra yashimangiye ko imikoranire ya gisirikare hagati ya RCA n’u Rwanda irimo gutera imbere, haba mu bijyanye no kubungabunga umutekano muri iki gihe ndetse no mu myitozo y’abasirikare izakomeza mu bihe biri imbere. Yagaragaje ko ibi byose ari ibirimo gushyirwa mu murongo wa gahunda y’amavugurura mu bijyanye n’umutekano.

Uru ruzinduko rw’itsinda rya RDF ruri kuba mu gihe hasigaye iminsi micye ngo hasozwe imyitozo ya gisirikare yatanzwe ku bufatanye bwa RDF na FACA i Bangui. Ubuyobozi bwa RDF bwemeje ko aba bayobozi b’Ingabo z’u Rwanda bazanasura abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique, bagamije gusuzuma uko ibikorwa byabo bigenda.

U Rwanda rumaze igihe ari umwe mu bafatanyabikorwa bakomeye ba Repubulika ya Centrafrique mu bijyanye n’umutekano, aho rufite Ingabo n’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (MINUSCA), ndetse rukanafasha iki gihugu mu myitozo ya gisirikare.

Iri tsinda rya RDF rikomeje uru ruzinduko rufite intego yo gukomeza gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’Ingabo z’u Rwanda na Centrafrique, bigamije iterambere ry’ubushobozi bwa gisirikare bw’iki gihugu.

Latest articles

Ministère de la Santé exhorte les jeunes à rester vigilants car le VIH reste une menace    

Lors de sa participation à un événement sportif communautaire organisé dans la ville de...

IAS 2025 : PrEP et autodépistage du VIH, de nouvelles approches pour prévenir la propagation du SIDA

Kigali a accueilli la conférence internationale organisée par l’IAS 2025 (*International AIDS Society*), qui...

IAS 2025 Kigali: A Turning Point for Global HIV Advocacy, Innovation, and Equity

As the 13th IAS Conference on HIV Science (IAS 2025) opens today in Kigali,...

Rwanda’s Debt Structure as of December 2024

The figures from the Ministry of Finance and Economic Planning reveal that as of...

More like this

Ministère de la Santé exhorte les jeunes à rester vigilants car le VIH reste une menace    

Lors de sa participation à un événement sportif communautaire organisé dans la ville de...

IAS 2025 : PrEP et autodépistage du VIH, de nouvelles approches pour prévenir la propagation du SIDA

Kigali a accueilli la conférence internationale organisée par l’IAS 2025 (*International AIDS Society*), qui...

IAS 2025 Kigali: A Turning Point for Global HIV Advocacy, Innovation, and Equity

As the 13th IAS Conference on HIV Science (IAS 2025) opens today in Kigali,...