HomeUmutekanoRIB irasaba abaturage kwirinda kwihanira

RIB irasaba abaturage kwirinda kwihanira

Published on

spot_img

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rutangaza ko kwihanira uwakoze icyaha ari kimwe mu bigize icyaha ndetse bihanwa n’amategeko kuko uwihaniye ashobora kurengera ndetse abikora adakurikije amategeko agenga icyo cyaha.

Mu gihe cyashize wasangaga hari abafite umuco wo kwihanira cyane cyane mu bafatiwe mu byaha bitandukanye nk’ubujura n’ibindi
Mu gihe cyashize wasangaga hari abafite umuco wo kwihanira cyane cyane mu bafatiwe mu byaha bitandukanye nk’ubujura n’ibindi

Ntirenganya Jean Claude, umukozi muri RIB, ishami rishinzwe gukumira ibyaha arasaba abanyarwanda kwitandukanya n’igikorwa cyo kwihanira uwakoze icyaha bakabiharira inzego zibishinzwe, kuko ari kimwe mu bigize icyaha ndetse bihanwa n’amategeko

Ati “bibaye ari ukwihanira buri wese yahana uko abyumva n’akababaro afite n’ibindi bishobora kuba byakwihisha n’inyuma yawo bikaba byatuma tugwa mu bindi byaha, kwihanira ntibyemewe, kwihanira birahanwa n’amategeko kandi icyaha iyo cyakozwe cyangwa igikorwa cyose cyakozwe kitwa icyaha, cyitwa icyaha kubera ko n’amategeko yakigeneye igihano kandi kigendanye n’icyo cyaha n’uburemere bwacyo nuko cyakozwe”. 

“Kwihanira bihanwa n’amategeko, dukangurira buri wese ko agomba guca ukubiri nabyo ahubwo igihe yakorewe icyaha akegera inzego zibishinzwe zikamufasha kugirango ahabwe ubutabera”.

Bamwe mu baturage bavuga ko kuba batagifite uburenganzira bwo kwihanira abafatiwe mu cyuho cy’ubujura ndetse n’urugomo aribyo bituma bikomeje kwiyongera, ibi bavuga ko kubafunga byabaye nk’ubusa kuko bagaruka bagasubira mu bikorwa bibi.

Umwe ati “byongera ubujura kuko baramujyana nubundi ugasanga ejobundi aragarutse nta gihano gikakaye yabonye ubundi akongera akiba, ibyiza nuko bajya bamufata bakamukubita ntabwo yasubirayo”.    

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rutangaza ko mu mwaka wa 2024 hakiriwe dosiye zirenga 23,000 z’ubujura aho bwagabanutse ku kigereranyo cya 8.4% ugeranyije n’umwaka ushize, ndetse ko ubujura bwabaye bwari bwiganjemo ari ubwa telephone kuko hafashwe izisaga 500.

Latest articles

Les bus ne s’arrêteront pas plus de 10 minutes à un arrêt ; nouvelles directives pour le transport de passagers à Kigali

La réunion du Cabinet tenue le 28 novembre 2025 a approuvé un nouveau modèle...

Nyagatare :Le ministre de l’Agriculture et de l’Elevage, le Dr Cyubahiro Mark Bagabe, a exhorté la population à respecter l’hygiène

Le Travail Communautaire Axé sur les Campagnes d'Hygiène à Nyagatare Dans tous les secteurs du...

Kamonyi:Agnès Uwera demande une aide pour que son enfant handicapé puisse se rendre à l’école.

Dans la Secteur  de Runda, district de Kamonyi, nous rencontrons Uwera Agnès, une mère...

Nyagatare :Matsiko Gonzage a dit qu’une coopérative qui n’apporte rien à ses membres ne peut rien apporter au pays.

Aujourd'hui, au niveau du District de Nyagatare, la Journée Internationale des Coopératives a été...

More like this

Les bus ne s’arrêteront pas plus de 10 minutes à un arrêt ; nouvelles directives pour le transport de passagers à Kigali

La réunion du Cabinet tenue le 28 novembre 2025 a approuvé un nouveau modèle...

Nyagatare :Le ministre de l’Agriculture et de l’Elevage, le Dr Cyubahiro Mark Bagabe, a exhorté la population à respecter l’hygiène

Le Travail Communautaire Axé sur les Campagnes d'Hygiène à Nyagatare Dans tous les secteurs du...

Kamonyi:Agnès Uwera demande une aide pour que son enfant handicapé puisse se rendre à l’école.

Dans la Secteur  de Runda, district de Kamonyi, nous rencontrons Uwera Agnès, une mère...